Ikinyarwanda: Open Bible Stories

Updated ? hours ago # views See on DCS

34.YESU YIGISHA IZINDI NKURU

Frame 34-05

Kandi ubwami bw'Imana bugereranywa n'umutunzi ushaka izahabu nziza, abonye izahabu nziza y'igiciro cyinshi, aragenda atanga ibyo atunze byose ngo agure iyo zahabu.

Frame 34-10

Yesu arababwira ati:" ndababwira ukuri Imana yumvise amasengesho y'umukoresha w'ikoro kandi imwemera nk'umunyakuri. Ariko Imana ntiyemeye amasengesho y'umuyobozi w'idini. Imana izacisha bugufi abishyira hejuru, ishyire hejuru abicisha bugufi".

Frame 34-06

Nuko Yesu akomeza kwigisha abantu biyemeraga bagasuzugura abandi arababwira ati:"abantu babiri bagiye gusenga mu rusengero umwe yari umukoresha w'ikoro undi yari umuyobozi w'idini.

Frame 34-08

"' Urugero: Niyiriza ubusa kabiri mu cyumweru, ntanga icya cumi cy'ibyiza nungutse byose".

Frame 34-09

" Ariko umukoresha w'ikoro ajya ahitaruye, ntabwo yashoboraga no kubura amaso ngo arebe hejuru, ahubwo yikubitaga igipfunsi mu gatuza asenga avuga ati:" Mana ngirira impuhwe kuko ndi umunyabyaha".

Frame 34-03

Yesu ababwira indi nkuru ati:" ubwami bw'Imana bumeze nk'umugore wafashe umusemburo akawushyira mwu'ifu yumugati kugeza itubutse

Frame 34-04

" Ubwami bw' Imana bumeze nk'ubutunzi bwahishwe mu murima. Undi muntu akabona ubwo butunzi akabutwikira akagenda, umunezero ugatuma agurisha ibyo yari atunze byose ngo agure uwo murima".

Frame 34-02

"Ariko urubuto rw' uburo rurakura rukaba igiti kiruta ibyo mu busitani byose, n'inyoni zikaza kucyarikamo."

Frame 34-07

Umuyobozi w'idini asenga agira ati:"urakoze Mana kuko ntari umunyabyaha nka bariya bajura, abanyabinyoma, abasambanyi cyangwa nk'uriya mukoresha w'ikoro".

Frame 34-01

Yesu akomeza kubabwira izindi nkuru z'ubwami bw' Imana. Abaha urugero aravuga ati:" ubwami bw' Imana bumeze nk'uburo umuhinzi yahinze mu butaka. Muziko akabuto kuburo ari gato cyane muzindi zose".

Inkuru yo muri Bibiliya iboneka muri: Matayo13:31-33