Ikinyarwanda: Open Bible Stories

Updated ? hours ago # views See on DCS

30. Yesu Agaburira Abantu Ibihumbi Bitanu.

Frame 30-01

Yesu yohereza intumwa ze kubwiriza no kwigisha abantu mu misozi myinshi,intumwa zigarutse aho Yesu ari,Bamubwira ibyo bakoze bagezeyo.Nuko Yesu abasaba ko bajyana nawe mubutayu. Ku nkombe zikiyaga.Kuruhuka akanya gato.Bamaze kugera mubwato bambukiranya inyanja.

Frame 30-02

Abantu benshi babonye Yesu n'intumwa ze mu bwato Barahagarara bara bategereza.Igihe Yesu n'intumwa ze bahageze,ikivunge cy'abantu cyari kibategereje.

Frame 30-03

Muri icyokivunge harimo abantu ibihumbi bitanu utabariyemo abagore n'abana.Yesu abagirira impuhwe,kuko yabonaga bameze nk'intama zitagira umushumba.Nuko arabigisha avura n'abarwayi barimo.

Frame 30-04

Bigeze igihe cy'umugoroba intumwa zibwira Yesu ati:"Amasaha aragiye,turi mugiturage nta mujyi utwegereye,reka twohereze abantu bagende bajye gushaka ibyo kurya mu mujyi."

Frame 30-05

Yesu arababwira ati:"Namwe ni mubagaburire."Intumwa ziramusubiza ati:"Twabigenza gute?ko dufite imigati itatu n'udufi tubiri duto."

Frame 30-06

Yesu abwira abigishwa be ati:"Mwicaze abantu bose mu twatsi mu matsinda y'abantu mirongo itanu.

Frame 30-07

Nuko Yesu afata ya migati itanu,na y'amafi abiri,areba hejuru abihesha umugisha.

Frame 30-08

Nuko Yesu ahereza intumwa udupande" ngo bahereze abantu bose.intumwa zikomeza zigenda zitanga muri cya kivunge,bararya barahaga ndetse barasigaza ntihasigara numwe.

Frame 30-09

hanyuma intumwa zitoragura ibisigazwa,ibyuzuza inkangara cumi n'ebyiri.Ibyo biryo byose byari bikomotse ku migati itanu n'amafi abiri byatanzwe n'umwana muto.

Inkuru ya bibiliya yo muri:Matayo 14:13-21;Mariko 6:31 -44; Luka 9:10-17, Yohani 6:5-15