Ikinyarwanda: Open Bible Stories

Updated ? hours ago # views See on DCS

47. Pawulo na sirasi muri Filipiya

Frame 47-01

Mu gihe sawuli yagendaga mu bwami bw'abaromani,yatangiye gukoresha izina ry'ikiromani, ari ryo:''Pawulo''.Umunsi umwe, Pawulo n'inshuti ye Silasi baragiye bagera mu mugi w'i Filipiya bamamaza inkuru nziza .Bajya hafi y'umugezi wo mu mugi aho abantu bateraniraga basenga. Bahahurira n'umucuruzikazi witwaga Lidiya wemeraga kandi agahimbaza Imana.

Frame 47-02

Imana ifungura umutima wa Lidiya kugira ngo yumve ubutumwa bw'Imana kandi abatizwe we n'umujyango we. Atumira Pawulo na Silasi mu rugo iwe, bagumana nawe n'umuryango we.

Frame 47-03

Pawulo na Silasi bateraniraga buri gihe aho basegeraga.Buri munsi uko bajyaga yo, umukobwa ufite dayimoni yarabakurikiraga. Yari afite imyuka mibi yatumaga ahanura ibizaza, uyu yaheshaga amafaranga menshi ba shebuja.

Frame 47-04

Iyi mbata iravuga iti:''Aba bantu ni abakozi b'Imana baje kubabwira inkuru y'agakiza!''Iyi mbata ibivuze inshuro nyinshi, Pawuro ararambirwa.

Frame 47-05

Nyuma Pawulo abwira dayimoni yari iri muri ya mbata ati''Ndagutegetse mu izina rya Yesu kirisitu sohoka''.Akibivuga dayimoni amusohokamo.

Frame 47-06

Abakuru ba ya mbata bararakara cyane. Barijujuta kuko nta dayimoni yari ikimurimo,kugira ngo izajye imukoreramo avuge ibizaba. Byasobanuraga ko atazongera guhesha ba shebuja amafaranga.

Frame 47-07

Hanyuma ba shebuja bafata Pawulo na Silasi babashyira abayobozi b'abaromani barabakubita babashyira mu nzu y'imbohe.

Frame 47-08

Pawulo na Silasi babashyira mu nzu y'imbohe yihariye kandi ifite ibikuta bikomeye.Mu igihe cya n'ijoro barasenga, baririmba indirimbo zihimbaza Imana.

Frame 47-09

Bitunguranye, umushyitsi uteye ubwoba unyeganyeza inzu y'imbohe, inzugi zose zirakinguka,Iminyururu yari ibaboshye iracika.

Frame 47-10

Umurinzi arakanguka, abona imiryango y'inzu y'imbohe ikinguye,agira ubwoba!ko imbohe zagiye,afata inkota ngo yiyice.Ariko Pawulo aramubona aramubwira ati:"Sigaho!wikwiyahura, turahari''.

Frame 47-11

Wa murinzi ahinda umushyitsi kubera ubwoba asanga Pawulo na Silasi arababaza ati:''Nakora iki kugira ngo nkizwe?''. Pawulo aramusubiza ati''Wowe n'umuryango wawe mwizere umwami Yesu nk'umukiza wawe murakira.''Umurinzi atwara Pawulo na Silasi mu rugo iwe aboza ibikomere. Pawulo abigisha inkuru nziza abari mu rugo bose.

Frame 47-12

Wa murinzi n'umuryago we wose bizera umwami Yesu barabatizwa.Hanyuma wa murinzi agaburira Pawulo na Silasi barishimana.

Frame 47-13

Bukeye abayobozi b'umugi basohora Pawulo na Silasi mu nzu y'imbohe babasaba kwerekeza i Filipiya.Pawulo na Silasi bajya kwa Lidiya aho basanze inshuti zabo bava mu mugi.Inkuru nziza irakomeza,maze Insegero ziriyogera.

Frame 47-14

Pawulo n'abakuru b'abakirisitu bakomeza gukwira mu migi,babwiriza abantu inkuru nziza ya Yesu.Maze bandika amabaruwa meshi bakomeza kandi bigisha abizera mu nsengero. Zimwe muri izo nzandiko zabaye ibitabo bya Bibiliya.

Inkuru yo muri Bibiliya iboneka mu Ibyakozwe n'intumwa 16:11-40